RSS

Urugo rugwije imbaga (Ibisigo)

032. URUGO RUGWIJE IMBAGA

10°- NGURUSU

Iki gisigo kitacyuzuye, kiri mu bwoko bw’ » Ibyanzu « .NGURUSU yagituye Kigeli Rwabugiri bari i Ngeli, muri Nyaruguru, mu birori byo kwimika Mibambwe IV Rutarindwa. Ubwo hari ku itariki ya 22-12-1889. Kuri uwo munsi, mu Rwanda habaye « Ubwira-kabiri » butsembye ku manywa y’ihangu.Muri icyo gisigo, Ngurusu araburira Rwabugili ko guha Rutarindwa Umugabe-kazi w’ « umutsindirano », kandi ufite uwe muhungubabyaranye,ari ukwenyegeza umuriro uzamutwikira inzu. Umwami yahise amutwama ati: none ho si ugusiga ni ukwita mu mata nk’isazi. Iryo bango ry’igisigo bahise barikura mwo. Ariko Bizumwami wacyandikishije yari akiryibuka. Ibyabaye ku Rucunshu rero bifite ifatizomuri iryo kosa rya Rwabugili.

 

Bene ingoma itsinze

Batsindiye ingoma

Biraga ingoma,

Kazirage Muca-nkamba

05Wamaze urukambye,

Ubwo wahawe ingoma

Ugatsinda ingoma ijana.

Rutakirwa , ngubwo ubutumwa bw’Abami,

Rwuya rwishingaga inzigo

10Z’ibihugu bibiri.

Ruhobe rwa Rugaba

Wazingaguye i Macumbi,

Mirindi nyiri imirimo myinshi

Nyiri inkuba izimya inzovu,

15Bidasangiye igihugu

Uhagurukira igihugu,

Cyimye undi mwami.

Murakirwa ubitumye

Haba u Rwanda rw’umwe.

20Ntitwakugize umurembe

Kandi uhanda ibihugu,

Mugabe ntazibagirwa waciye imihigo,

Ntitwakugira igituza

Kandi uri ikivure cy’igihugu,

25Mugabe iziraga ingoma za so.

Gicambwa none wamaze igihugu amazimwe

Zinduka nkubwire inzira z’Abami

Cyaduka yarunambiraga iminsi

Mutung-imwe yantindiye kuzigwiza,

Kizinduka nyiri inzizi nyinshi

Nyiri-igihugu uranze umuzi udacika,

30Ari bwo bugingo buzajya kera,

Nyiri-Rwingwe u Rwanda urwimye abanyazi.

Gicambwa none wamaze igihugu amazimwe

Zinduka nkubwire inzira z’Abami

Nkubwire Rukore nyiri inka zitakamwaga ukubiri

Nyiri igihugu yashakirwa n’inda ye,

Ruhuga nyiri impuga

35Zahinduraga ibihugu,

Ingoma z’i Bugenda zigasuhukira Ngozi,

Rugenda ngayo amagenda mugira Abami.

Gicambwa none wamaze igihugu amazimwe

Zinduka nkubwire inzira z’Abami

Nkubwire Mirindi wazironkaga mu maboko

Inkorogi iz’iwa Bwami ijabiro,

40Iza Mushika-ruge ni uko zishika abanzi,

Iza Mabara atuye

N’i Tandi rya Gitegamubiri.

Gicambwa wamaze igihugu amazimwe

Zinduka nkubwire inzira z’Abami

Nkubwire Musare wadusanganaga inkovu ebyiri

Ya Nkuba ya Cyikora akatuvura.

Gicambwa none wamaze igihugu amazimwe

Zinduka nkubwire inzira z’Abami

45Nkubwire umunsi ukabuje ukomeje

Bakwita impunzi,

Impinga y’ubuhoro ya Ruharage,

Rugaba Nyaguhabwa ingoma na Mwiraga-ngoma

Bahagurukana ingoma idahurumba Abami,

50Isohoye ishima ikibanza.

Iteta ijya irya

Na we utera uza ino,

Ushika abagome

Ushika abahinza,

55Muhwanya igiti gikoze

Ingoma ya Nkuriza

Ntuyicira indagano.

Gicambwa none wamaze igihugu amazimwe

Zinduka nkubwire inzira z’Abami

Nkubwire umunsi wikura mu rukubo Rwimbaga

Kandi uri imbarwa,

60Mbangira ya Mbabazi

Imbonwa ikunze iragutabarura.

Usanga igihugu cyatamye,

Mateka ya Mahame

Bizinzo urayitabara.

65Menya ko wahawe ingoma igushaka

Ntanagira imana z’ubuture,

Zakwereye ziba impamo.

Muhashyi wa Ruganda ntitwagandana

Wadushingiye ibicaniro birahama,

70Mwahawe ingeri iganje

Urakayihwitana.

À propos de Admin

„es kommt nicht darauf an, mit dem Kopf durch die Wand zu gehen, sondern mit den Augen die Tür zu finden“. [Werner von Siemens]

Voir tous les articles de Admin

Pas encore de commentaire.

Laisser un commentaire

l'étudiant |
LE JARDIN DE L’AMITIE |
wildcatsworld |
Unblog.fr | Annuaire | Signaler un abus | wwwfodelinfo
| Infos du jour
| Mosaïque