RSS

Nkurire ingoma ubwatsi (Ibisigo)

022. NKURIRE INGOMA UBWATSI

07 NYIRANKUGE

Iki gisigo kiri mu bwoko bw’  » Ikobyo « . NYIRAKUNGEyagituye Rwabugili mu birori byo kwimika Ingoma-ngabe « Mpatsibihugu », yari iya kane kuri Karinga. Cyahimbwe mu mwaka w’i 1884, kandi kivugirwa i Mukingoaho » Isabukuru y’Umuganura  » yabereye uwo mwaka.

Muri icyo gisigo hari mwo ko icyo gihe, Nkundiye, umwami wo ku Ijwi yari mu buhungiro aho yumviye ko Rwabugili ari mu migambi yo kumutera, amuziza koyigometse atakiyoboka Umwami w’ i Rwanda.

 

Nkurire ingoma ubwatsi

Ya Nkoz-umuheto ya Mikore,

Ruhaka-bose ije kuruta ibyaro.

Ifite urukumbuzi rw’Umwami

005Iyi ngoma yaMwuhira-kare wa Rwibicuba,

Isanga Rwimiheto i Bukwira-jana.

I Jabana bayisanganiza impundu

Ruhogo ije kwiyereka Muhirwa-rugendo.

Bahirwa n’ingoma

010Abami ba Mwigura-ngoma wa Muhebyi,

Muhoza yaraziguze ku Ivugutiro.

Ngabo zirongora Rukebanya i Rukaza-byuma,

Rugogwe akimika Rugina.

Yahingukanye n’impundu nyinshi

015Iyi ngoma ya Mwishya-nyagano

wa Munyaga-mashyo,

Abakaraza batambana imirishyo kwa Yuhi.

Ingoma zirasuma

Zisanganira ingabe ya Mwikozi,

Kabuye irayakira.

020Yahingukanye ibakwe ryo kwica abahinza

Iyi ngoma ya Muhuruzi wa Mudahakana,

Iz’i Burabya yazizananye inkangura,

Iyi ngoma ya Nkoz-umuheto

Isiga Rwingohe mu gihuru.

025Ya ngoma ya Gahaya

Ntiteze kwima isigaye mu miyonga,

Irashyitse Mareba.

Ya ngoma ya Mutizirika

I Bucirwa-miheto yahabuze ibyicaro,

030Uyiciye inka wayambuye umuhinza.

Rwurira-biti wamuzanye ku muheto

Umwambika ingoma yawe iyi.

Nkomati iri cumu ryawe ricuze inkumbi

Risubiye kwasira,

035Rusatira-nshuro rwa Rubazi

Wateye Nyiri urubindo,

Rugina iramwambara.

Iri cumu rya Gacanzigo riciye imihigo

N’ab’i Mutora ribazanye ku muheto.

040Asanzwe yicira ku rugamba

Rugabira rwa Rubazi,

N’i Rwitaba rwahagize amatongo.

Ararasa akaba akumbanyije

Umuhinza wa Rusaku,

045N’i Burambira bagasiba kuramutsa.

Asanzwe yicira mu isibo

Rusatira-byaro rwa Mikore,

Uyu Mwami wa Mwikozi

Ahekuye Mwendo.

050Intambara y’amakuba

Mahinguka arwanya i Bukebya-mato,

Bahora mu cyunamo.

None nguyu ashoreye inka

Yishe mwo nyirazo,

055Nziguhiga ya Rweza-mbuga

Zirazimya izuba i Buzira-nenge.

Anyaga iz’i Bukaba-mpembyi

N’izivuye i Burori,

Iminyago ihurira mu rugo.

060Yirukana umuhinza ku Ruhetero

Murwa-rugendo wa Rugaba-mitwe,

Uwo mugoyi ariyahura

Yihisha mu rugano.

Wasize uhararitse imirambo

065Mirindi ya Rweru,

Ugeze i Rwimitavu urasira.

Rugondo wahagurukanye icumu

Ryo kwica umuhinza w’i Burambira,

Rutuku imutabarukana ku muheto.

070Ruca-mikore wamwicanye inkangura Nkomati,

Uwo muhinza wamwicanye ingoga

Wivugira ingoma.

Wakwivugira ingoma

Ugira icyo wayimariye.

075Wishe Mutamba-juru, Mutamba-nkamwa

Ngo ugere ku ngeri uharambika ingogo.

Wiciye i Rwiruka, Rubanguka,

N’ab’i Bugenda baza kukuramya.

Wiciye i Rwingohe, Nkomati

080Unyaga n’impenda i Bubanzwa-miheto.

Riratwaye icumu rya Bitondo

Iryo amajije abahinza,

Ng’iryo riramamaye ku mweya.

Ni ryo yatera Rubondo

085Ruboneza-mabano rwa Mabara,

Ngo agere ku Nkuka

Nkomati akumbanya ingogo.

Agendera mu gicu

Akaba yishe Kirabya,

090Kirasana cya Kizinduka

Akambika ingoma.

None wunguye ingoma

Nkomati ya Nkiranya

Baragushimye Abanyakayenzi.

095Bagushimiye amacumu i Nyamwaseka

Kirasana ngo yahawe ari intwari.

Mugina ayeretse ibigwi

Iyo yohereje abayishokera,

Iba kwuhira amaramu

100Nyamiringa yanga urugabano.

Yambitse ingoma zose

Nkindi ya Makuba,

Akomeje imyasiro.

Ye Banyurana ba Munyura-ngeri,

105Barasanira ingoma

Ya Ntabwoba i Bukenyera-ntama,

Ntore za Bitondo

Zaheza icyago cy’i Butambika

Zikirahira Mutaga.

110Harya Mugina yazana

Mugerariba na Murumankagwe,

Aje guhereza imirishyo Myasiro.

Na we yaje ari intwari

Mutagera wa Rwugamo,

115Indorero azigira intahira.

Nta gisa ifite Masasa

Iyi ngoma ya Kirasasa,

Warayambitse iraruhuka.

Abatatu se mwari mutegeranye

120Biyita abahinza,

Ko wabacuze inkumbi

Nkiranya ya Gaca-nzigo,

Abagoyiubumva he ?

Abahinza bari bakomeye

125Mukozi abandi ni amasigara-nkingi,

N’i Bubunga bari mu cyunamo.

Inkuru mbi yarabokamye barakamutse,

N’i Bushyoma baherutse imirishyo aho.

Ntiyari acyiyita umuhinza se,

130Wa Muheza wa Sanshyimbo

Yabona Kirasana yaje,

Akihisha mu masenga.

Ng’uwo arakubana ahunga

N’igihango yatatiye,

135Kimutaye mu ngeri.

Ni kabiri ukaba umukumbanyije,

Rukanda-mizo

Nta muhinza uzakwigera,

Agaheza ubugingo.

140Uwo ni umwihariko

Wa Muhuruziwa Ruhamo,

Aho ahinze ikigoroba

Kigeli cya Rugwe,

Atera umuhinza

145Bugacya ahubatse Murasa-nkagwe.

Ingo ziruzuye i Burambirizwa-ngeri

Imihigo ya Karinga ntuyihuga,

Mahe ya Rwingoma

Mugina uyirwaniye ishyaka.

150Niwambukiriza mu Nyabwana Bwobabuke,

Uri hagati y’u Bunyaruka-mazi,

I Nduzi uzahageza urwuri.

Ni amacumu ya Bitondo

Mbwira Mutara,

155Ko wateranije urugabano.

Rubandanira-ngoma rwa Mbabazi

Ni amacumu ya Rubanguka,

Mbwira Rubazi

Ko ari we ugenda ibirwa.

160Baraye mu mihayo

Abami ba Muhuruzi na Mudahakana,

Ngo imirasaniro ya Kizinduka

Yasumbye urugero.

Baraye bakuvugiye ubutwari

165Abami ba Mashema ya Serugorora,

Ngo wagirije ibyaro.

Baravuga bakavugira amacumu

Abami ba Mucundanya-ngabo wa Rwibicuba,

N’abacambirwa ingoma

170Wabica burandura.

Rwogera yakugororeye inka n’ingoma,

Nkiranya ya Gacanzigo

Wica Rwurira-ngoga.

Mikurazo wamuzanye ku muheto,

175Rukandamizo urivugira i Nyamirembe

Nugera i Marorerwa,

Muramutsa-nyonga wa Nyangoma

Uribuke Abanyanganzo.

Urangije abahinza Muhabura,

180Ubwire Abami amacumu

Ko warangije abahizi,

Ugahaka ibyaro.

À propos de Admin

„es kommt nicht darauf an, mit dem Kopf durch die Wand zu gehen, sondern mit den Augen die Tür zu finden“. [Werner von Siemens]

Voir tous les articles de Admin

Pas encore de commentaire.

Laisser un commentaire

l'étudiant |
LE JARDIN DE L’AMITIE |
wildcatsworld |
Unblog.fr | Annuaire | Signaler un abus | wwwfodelinfo
| Infos du jour
| Mosaïque